Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

Dr. MULINDAHABI Charline

Umuyobozi Mukuru

Dr. Charline Mulindahabi ni Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe gucunga Imiyoborere n'Abakozi (RMI) guhera muri Nyakanga 2020. Ayobora gahunda z'iki kigo zigamije kongerera ubushobozi abakozi mu buryo buhuye n'intego z'igihugu z'imiyoborere n'iterambere.

Mbere yo guhabwa izi nshingano, yamaze imyaka irenga makumyabiri ari umwarimu n'umushakashatsi muri Kaminuza y'u Rwanda, aho yanabaye Umuyobozi w'Ishami rya Politiki n'Imibanire Mpuzamahanga. Umwuga we wo kwigisha muri kaminuza yawutangiye mu 1999 mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR), aho yibanze ku kwigisha amasomo ahuye n'imicungire y’ibya rubanda, politiki rusange ndetse n’ubuyobozi n’imiyoborere. 

Dr. Mulindahabi afite Impamyabumenyi ya Master's mu Micungire y’ibya Rubanda (Public Administration) yakuye muri Kaminuza ya Western Cape (Afurika y'Epfo) n'Impamyabumenyi y'Ikirenga (PhD) mu Bushakashatsi ku Mahoro n'Iterambere (Peace and Development Research) yakuye muri Kaminuza ya Gothenburg (Suwede). Ubushakashatsi bwe bukaba bwibanda cyane cyane ku miyoborere, politiki rusange, n'uburyo bwo gukemura amakimbirane.

Mr. GATARI Eugene

Principle Senior Research and Consultancy Coordinator

Mr. NSHIMYUMUREMYI Vincent De Paul

Principle Senior Training Coordinator